Posts

"Kiliziya Gatolika ntabwo ishyigikiye na busa ubutinganyi". Tujye dukoresha ubwenge mbere yo kugira ibyo twemeza.

Image
Inama y’Abepisikopi Gatolika mu Rwanda yabigaruteseho kenshi cyane itanga n' itangazo rivuguruza amakuru yitiriwe Papa Francis, aho bimwe mu bitangazamakuru ngo byamubeshyeye bivuga ko yagaragaje ko ashyigikiye kubana nk’umugabo n’umugore kw’abahuje imiterere y’ibitsina (ubutinganyi). Iri tangazo rivuga ko ibyo bitangazamakuru byatwerereye Papa Francis ibyo atigeze avuga kuri abo babana bahuje ibitsina. Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatolika mu Rwanda buvuga ko mu bamamaza izo mpuha hashobora kuba harimo abataramwumvise neza, abasemuye nabi mu ndimi zitandukanye, cyangwa se hakaba n’ababikoze nkana bagambiriye kuyobya abakirisitu no kumuvugisha ibyo bo bifuza ku mpamvu zabo bwite zidafitanye isano n’ukwemera gatolika.“Ikibigaragaza ku buryo budasubirwaho ni ukuntu bakomatanyirije hamwe ibyo yavuze kuri iyo ngingo y’ababana bahuje igitsina mu bihe bitandukanye n’ahantu hanyuranye ndetse n’ibyo mu gihe yari ataraba Papa nk’aho byaba bikubiye mu kiganiro kimwe rukumbi.” Itangazo rikomeza rig...

Dore amavu n'amavuko y'umuryango w'Abaxaveri.

Image
      Uyu muryango washinzwe na Padiri Georges Defour mu wa 1952, uvukira mu gihugu cya RDC. Ukaba warageze mu rwanda mu wa 1956. Izina ry'Abasaveri rikomoka kuri Mutagatifu Fransisko Saveri bafasheho urugero rw'urukundo, ari na yo ntego y'Abasaveri. Kugeza ubu uyu muryango uboneka mu paruwasi hafi ya yose yo Rwanda ndetse no mu bigo by'amashuri yisumbuye n'amakuru.  Uyu muryango utoza urubyiruko imico myiza, urufasha kubaho mu bukristu buhamye ah oruri hose no mu kigero cyarwo, ubukristu bumurikira abandi kandi bushingiye ku bikorwa. Abasaveri barimo ibyiciro 4 :  - Abishimye : Hagati y'imyaka 5 na 12 - Intwari : Hagati y'imyaka 12 na 16 - Abanyeshyaka : Guhera ku myaka 16 kuzamura. - Urunana rw'Abasaveri bakuze (UXA) : Guhera ku myaka 25 ujyana hejuru yayo. Ibikorwa by'basaveri birimo ibyiciro 3 : - Ibikorwa by'urukundo - Ibikorwa bya gitumwa - Ibikorwa by'amajyambere Inzego ziwugize ni 7 : - Urwego mpuzamahanga (rufite icyicaro i Bukavu) -...

Kiliziya Gatolika mu Rwanda yamaganye ibyo guha umugisha abatinganyi

Image
     Inama y’Abepisikopi Gatolika mu Rwanda yasohoye itangazo imenyesha abasaseridoti, abiyeguriye Imana n’abakirisitu bose ko inyigisho za Kiliziya ku gushyingirwa gikirisitu zitahindutse ndetse ko idashobora guha umugisha ababana bahuje ibitsina. Aba bepisikopi Gatolika mu Rwanda batanze ibisobanuro birambuye ku mugisha wahabwa umugabo n’umugore babana bitemewe na Kiliziya n’ababana bahuje igitsina. Iri tangazo rije mu buryo busa n’ubuvuguruza ibikubiye mu rwandiko rwitwa Fiducia supplicans (Ukwizera kwambaza Imana) rwatangajwe n’ibiro bya Papa Francis tariki 18 Ukuboza 2023, rukurura impaka nyinshi n’impungenge ku mugisha wahabwa umugabo n’umugore babana ku buryo butemewe na Kiliziya n’uwahabwa ababana bahuje igitsina. Muri iri tangazo bagaragaje ko Kiliziya idashobora guha umugisha umubano w’ababana bahuje igitsina kuko byaba bivuguruza itegeko ry’Imana n’umuco. Rigira riti “Twebwe Abepiskopi banyu tubandikiye iri tangazo tugamije gukuraho urujijo no kubahumuriza nyum...